samedi 30 juillet 2011

Kayitesi Fatuma aravugwaho kwicisha nyina wabo kubera 6.000.000 Frw !

Mu gihe bivugwa ko imanza za Gacaca zashojwe, hari uduce tumwe tw’Igihugu izo manza zitararangira cyane cyane izirebana n’imitungo. Impamvu nyamukuru y’iki kibazo ni ebyiri, iya mbere ni abaregwa gusahura no kwangiza iyo mitungo y’abandi bagiye basaba ko imanza zabo zasubirwamo

kubera akarengane bagaragaje ko bagiriwe mu icibwa ryazo, iya kabiri ni amananiza ashingiye ku manyanga yagaragaye ku baregera imitungo batigeze bagira; abaregeraga imitungo itari iyabo, hakaba ndetse n’abiyoberanyaga bagakora nk’abakomisiyoneri.

Hari n’abagiye babivangamo ama r a n g amu t ima n d e t s e n’iterabwoba rikazamo bashaka kuyobya no kugonganisha inzego y’ubuyobozi. N’ubwo byagaragaye ndetse bikaba bikinagaragara ahatari hake mu gihugu, muri iyi nyandiko turibanda cyane ku Murenge wa Kigarama, Akagari ka Segeem mu Karere ka Kicukiro ahavugwa urubanza rw’imitungo rumaze hafi ukwezi ruburanishwa n’Inteko yaturutse mu Cyahafi. Iyi nteko ikaba yarahuye n’akazi katoroshye kuko byabaye ngombwa ko ikoresha imbaraga z’ubushishozi kugirango itahure amanyanga atari make yari yihishe mu manza yagombaga gusubiramo.

Nyirabayazana ni Inteko ya Biryogo ”Karemera Zefanie na bagenzi be”

Muri izi manza z’imitungo mu Murenge wa Kigarama byaje kugaragara nta gushidikanya ko ibibazo birimo byatewe n’Inteko ya Gacaca yaturutse mu Biryogo, iyobowe n’uwitwa Kayitaba Khalfan uzi kw’izina rya Adiriyani.

Ku g e z a u b u i y i Nt e k o ikaba ishyirwa mu majwi ko yakoreshejwe na Karemera Zéfanie, Kayitesi Fatuma na bagenzi babo, ubwo yemeraga kwakira ibirego bishyashya mu rwego rw’ubujurire, mu gihe bitari byaratanzwe mu Kagari, bikanavugwa ndetse k o n t a n ’ i b y a v u zwe mu ikusanyamakuru.

Bashakaga indishyi mu mitungo ya Bucyana

Gushaka indishyi mu mitungo ya Bucyana Martin wari Perezida wa CDR, iyo mitungo ikaba irimo inzu utugari twa: Karugira; Kigarama na Rwampara, nibyo byakije umuriro muri ziriya manza bikagera n’aho iriya kipe ya Karemera Zéfanie, Kayitesi Fatuma na bagenzi babo bikoma Umuyobozi w’Umurenge wa Kigarama Bwana J.Bosco Kaboyi.

Amakuru dufite kandi y’imvaho akavuga ko mbere yo kwikoma Kaboyi, uriya Karemera Zéfanie yikoze akajya gusaba Kaboyi ko ngo yabareka bakagurisha kwa Bucyana, ndetse ko n’umuguzi bamufite. Byumvikana, ko uretse na Kaboyi w’Umuyobozi nta wundi wakwemera gushorwa mu mahano nk’ayo y’ubujura, uretse umuntu urwaye mu mutwe cyangwa umunyamafuti nka Zéfanie!! Icyabaye rero ni uko Zéfanie yamaganywe ku mugaragaro ku buryo abari aho ku Murenge nabo babyiboneye.

Zéfanie akaba yaramanutse mu Kigarama ahonda agatoki ku kandi, ndetse hari n’amakuru yemeza ko uwo mugoroba yaraye akoranye inama na bagenzi be, ari nayo yafatiyemo icyemezo cyo kwandika ibaruwa yo kuwa 17/08/2010 irega Umuyobozi w’Umurenge ko ngo yanze kubafasha gukora amafuti batahwemye kwivurugutamo kugeza uyu munsi.

Ndlr: Duhisemo gutangaza iyo baruwa uko yakabaye kugirango abatajya i Bwami boye kujya babeshywa dore ko bisa nk’aho ari umwuga wa Karemera Zéfanie n’abo bafatanyije igihe kirekire gutesha umutwe abaturage, bataretse kurangaza no kugonganisha inzego z’ubuyobozi ndetse no kuzitesha umwanya

zagakoresheje mu zindi gahunda zitandukanye zo kwubaka Igihugu (Nimwisomere) Ikigaragara ni uko Karemera na bagenzi be banditse iyi baruwa kubera umujinya bari bafite w’uko batambamiwe mu mugambi bari bamaze kunoza, dore ko uretse kwa Bucyana hari n’andi mazu ya bamwe mu baturage bafunzwe bari bapangiye kugurisha!!

Nguko uko bazanye Umuhesha w’Inkiko rwihishwa kandi bwije, agahita amanika ibipapuro bya cyamunara. Gusa kubera kuzengereza inzego z’ubuyobozi niz’umutekano, byatumye nazo zifata ingamba zidasanzwe zo guhora ziri maso ngo batazica mu rihumye, ari nacyo kibarya kugeza uyu munsi!! Icyo gihe rero byahise bimenyekana inzego ziratabara ziburizamo icyo gikorwa kigayitse cya Karemera Zéfanie na bagenzi be, „ABATARI BAKE BITA GUPFOBYA JENOSIDE” kubera imyitwarire yabo. Ndetse hari n’abemeza ko ibyo iriya kipe ya Zéfanie ikora ntaho bitaniye no gutesha agaciro abo bita ko bahagarariye, dore ko muri bo hari n’abiyitirira abo badafite icyo bahuriyeho cy’amasano. Abo ni nka Karemera Zéfanie wakunze kwigaragaza nk’umuvandimwe wa Nyakwigendera Musoni Isakar, nyamara ntacyo bapfana uretse ko bari baziranye gusa nk’uko turi bubigarukeho.

Indi mpamvu y’umujinya bafite, ariko mu by’ukuri udafite aho ushingiye ni uko muri kwa gutekinika ”KIJINGA”, bigatuma inteko ya Adiriyani igwa mu mutego wabo, bagiye bakora urutonde ngo rw’ibyo bishyuza bundi bushya kandi hari urwo bari barakoze mu ikusanyamakuru.

Urugero ni Kayitesi Fatuma mbere wishyuzaga 6.000.000 Frw, ariko bamara kuremekanya ibyo kwa Bucyana akazana urwa 15.000.000 Frw! Ubwo twabimubazaga yararuciye ararumira!!!.

Bishyize ku Karubanda!!!

Burya ngo intebe y’ikinyoma uyicaraho rimwe risa!!, Karemera Zéfanie na bagenzi be bakoze byinshi bigayitse ku buryo bari basigaye barabaye iciro ry’imigani, ariko ngo iminsi iba myinshi igahimwa n’umwe. Uwo umwe rero ni itariki ya 02/07/2011 ubwo bandikaga ibaruwa mubona ivuga ko ngo nta mpamvu babona yo kongera kuburana urubanza rwa Bucyana, abenshi basomewe iyo baruwa bakaba baragize bati: ”UBUNDI SE IMPAMVU MWARI MUFITE YO KUBURANA MUSHAKA IMITUNGO YA BUCYANA WAPFUYE MBERE YA MATA 1994 NI IYIHE”??

Icyagaragariye buri wese rero, nk’uko abaturage ba Kigarama kimwe n’abandi bazi imikorere n’imyitwarire ya Zéfanie na bagenzi be ni uko, bari baramenyereye igihe kirekire gukoresha no gutitiza Inteko za Gacaca hafi ya zose zagiye zica imanza muri Kigarama.

Iyaturutse Cyahafi yo rero barakanze biranga, bagerageza tekiniki zose birabananira kuko iyo Nteko bizwi ko itajya ivugirwamo na rimwe, ikaba idakorera kw’iterabwoba iryo ari ryo ryose nk’uko Perezida wayo yabitangarije abari mu rubanza, ubwo yamaraga kubasomera iriya baruwa. Pe r e z i d a a t i ”BIKUYE MU RUBANZA NYINE, BIRAGARAGAZA KO NTACYO BARUKURIKIRANAGAMO CY’UKURI KURI BO”!!. Gusa bagaragarije baba abaturage kimwe n’Inteko, bose bagaragaje ko iriya baruwa nta kindi igamije uretse iterabwoba rya Zéfanie na bagenzi be, kimwe n’ipfunwe ry’uko baburanaga ibitari byo.

RPF nibayifashe hasi!

Nk’uko bigaragara, mu nzego zagenewe kopi y’iriya baruwa harimo na RPF, benshi bakaba kugeza ubu bibaza icyo Zéfanie na bangenzi be bari bagamije kuko RPF irazwi na gahunda yayo. Kuba rero hari abajya hariya bagashaka kuyishora mu bibazo bireba inzego z’ubucamanza, bikaba bitwa gutandukira kuko RPF ntaho ihuriye no gufata ibyemezo muri Gacaca. Ikindi ni ugushaka kuyikurura mu bibazo, bishobora kuyiteranya n’abaturage kuko hari abashobora gutekereza ko ibikorwa bya Zéfanie na bagenzi be hari uruhare ibifitemo, cyangwa ko ibashyigikiye. RPF irangwa no gukorera mu mucyo kandi birazwi ko irwanya amafuti iyo ava akagera, ntihakagire abayitwaza.

Ni nayo mpamvu rubanda ikunze gusaba ko RPF izajya igira icyo ivuga ku bibazo nk’ibi abantu bishoramo, byamara kubakomerana bagasa nk’abayitabaza nk’aho iba yarabatumye. Ibi ariko natwe muri RUGARI turasanga bifite ishingiro kuko, tuzi kandi twemera ko ntawukwiye kwitwaza ibi n’ibi ngo yigire igitangaza muri iki gihugu kigendera ku mategeko kandi asobanutse.

Karemera Zefanie ni igisambo

I bi ni ibya t anga jwe ku mugaragaro n’umubyeyi witwa Mukamurigo Anissie, akaba mushiki wa Nyakwigendera Musoni Isakar, ari nawe Karemera Zéfanie yakunze kwiyitirira mu manza z’imitungo, ndetse hakaba n’indishyi yahawe nk’uhagarariye Musoni.

Uyu mubyeyi utari yaramenye ibyo Zéfanie akora, byaragoranye kugirango aboneke kuva imanza zatangira. Nyamara nk’uko yabitangarije Inteko n’abaturage, ibyo Zéfanie yakoraga byose yari azi aho ari, kandi azi neza ko ari mushiki wa Musoni. Aho Mukamurigo abonekeye kuko abari bamuzi kandi babona ibyo Zéfanie akora kandi yiyita umuvandimwe wa musaza we bamushakishije kugeza abonetse, yatangajwe bikomeye n’ibyo Zéfanie yakoze.

Imbere y’Inteko n’abaturage, Mukamurigo yatangaje ko Zéfanie amaze kurikandagira ko, mushiki w’uwo yiyitirira yahagurutse, yaratekinitse nk’uko abisanganywe, ngo aha umwana w’uwo mubyeyi 50.000 Frw ngo ashyire nyina!! Mukamurigo ati: Ayo mafaranga aho yabitswe kuva Zéfanie yayaha uwo mwana na n’ubu aracyahari!!

Si ibyo gusa kuko Mukamurigo yanatangaje ko yaje kumenya ko hari andi mafaranga y’indishyi za Nyakwigendera Musoni ari ku Murenge, ashatse kujya kuyabaza Zéfanie aramubuza, amubwira ko ngo ”NAJYA KUYABAZA URUBANZA AZABA ARWISHE”.

Mukamurigo ati: Narasenze none Imana iranshubije ”IKINYOMA KIVANYE ZEFANIE MU BAGABO”. Aha niho abantu bahereye batera hejuru bati ahubwo Zéfanie azasubize amafaranga y‘indishyi za Musoni. Ese mama azayasubiza?!!

Minani we yisabiye imbabazi

Mu iburanisha ryo kuya 07/07/2011 uyu Minani yatanze ubuhamya kuri Bucyana, bituma Inteko imuhata ibibazo, ariko biza kugaragara ko harimo ibyo avuga bidasobanutse, bityo nawe aza kwisanga mu kinyoma. Byatumye rero Inteko imuhamagaza bukeye, ariko ntiyitaba.

Kuya 03/07/2011 yandikiye Inteko yisegura ko atabonetse kubera ko yari yagize ibyago ariko yohererezwa irindi hamagara. Hagati aho abantu batandukanye bakaba baramugaragarije ko bidakwiye kuri we nk’umuntu wayoboye Gacaca, gutinyuka agahamya ibyo atahagazeho. Ibyo rero ngo byamuteye ubwoba kuko yagawaga n’abantu batandukanye, bityo afata icyemezo cyo kwandikira inzego ibaruwa yo

kuya 05/07/2011, Inteko ikaba yarayibonye kuya 07/07/2011.

Burya rero ngo”UBUGABO BUTISUBIRAHO BUBYARA UBUBWA”, Minani yakomeje gutekereza kuri iyo myitwarire umutimanama we umubuza amahoro, nibwo yafashe icyemezo cyo kwizana imbere y’Inteko n’abaturage kuwa gatandatu tariki ya 09/07/2011, aratura asaba imbabazi, aranerura avuga ko

ibyo yavuze yabeshye kuko ibyo yatangagaho ubuhamya byabaye ari mu gisirikare. Abaturage bati Minani abaye intwari, ndetse abandi bati na Zéfanie azagire ubutwari nk’ubwa Minani. Gusa hari n’abongeraho ko gusaba imbabazi kwa Zéfanie byarenze igipimo!!.

Dukurikirana iki kibazo twaje no kumenya ko mu ibaruwa yo kuya 02/07/2011 ngo hari abagaragara ku rutonde ariko bakaba batarigeze bayisinya. Byatumye tugira amatsiko duhamagara umwe muri bo witwa Mukangira Ancilla, tumubajije araturahira ko ntaho ahuriye n’iyo baruwa. Twamuhamagaye kuya 10/07/2011 (12h46’).

Ni nayo mpamvu inzego bireba zagombye gukurikirana zikamenya koko niba hari abasinyiye abandi, bityo bagakurikiranwa kuko amategeko arabihanira. Abantu bakaba bakomeje gusaba ko imanza za Kigarama z’imitungo n’ibibazo byakunze kuzivugwamo ibyazo byahagurukirwa, uretse ko hari n’abemeza ko iriya baruwa yo kuya 02/07/2011 ari final y’akavuyo katejwe na Zéfanie, Kayitesi Fatuma ba bagenzi babo.

Tukaba kandi twaramenye n’ndi makuru avugwa kuri Kayitesi Fatuma ku bijyanye n’amasano ye no kwa Sefara Jean, mu gihe uyu Sefara nawe ari ku rutonde rw’abo Fatuma yishyuza. Mu bucukumbuzi twakoze kandi, twage z e no ku buhamya butandukanye busobanura Kayitesi Fatuma uwo ari we, nk’uko iyo nyandiko y’uwo umuntu yakwita muramu we cyangwa umugabo wabo Gasana Joseph ibisobanura, kimwe n’icyemezo cyo gushyingiranwa kwe n’uwo bari barashakanye.

Dutekereza ko igihe cyaba kigeze niba kitararenze ngo abantu bazamure imyumvire, abandi bave ku ngoyi y’ikinyoma, kimwe n’abakiri mu bubata bw’ibyaha.

Abanyarwanda barabeshywe bihagije, bigomba guhagarara, tukagira ubutwari bwo guharanira; gushimangira no gutsimbarara ku kuri. Ntabwo uru Rwanda rwo muri 2011 dushobora kwemera ko hari abantu bajya hariya ngo barutobe uko bashaka mu gihe dufite inshingano idasubirwaho yo „KURUHESHA AGACIRO ARIKO TUBANJE KUKIHA NKA BENE RWO” kandi ntawe urufiteho ingarigari kurusha undi.

Bakamye ikimasa !!

Twabwira abasomyi ko urubanza rwashojwe na Karemera Zéfanie ; Kayitesi Fatuma na bagenzi babo bashoje ngo bashaka indonke mu mitungo ya Bucyana Martin, rwatangiye kuburanishwa n’Inteko y’Urukiko Gacaca rw’Ubujurire rwa Cyahafi kuya 27/06/2011.

Rwakomeje ku itariki ya 01 ; 03 ; 05 ; 06 ; 07 ; 09 Nyakanga 2011, rusomwa kuya 14/07/2011 Urukiko rutangaza imyanzuro ikurikira :

1° Urukiko rwasanze rudafite ububasha bwo kuburanisha ruriya rubanza bityo rutangaza ko abarushoje bazajya kuregera inkiko zisanzwe kuko Bucyana n’abafatanya chayha be babarirwa mu rwego rwa mbere mu bijyanye n’icyaha cya Jenoside.

2 ° Ubwo r u r u r u k i k o rwamanukaga rukajya aho ibiregerwa byari biri (descente sur terrain) arabisuzumye, rubaza n’abaturage. Rukaba rero rwarasanze imitungo abarega bashakamo indishyi, « ABANDI BITA INDONKE » ntayo bari batunze.

Ubundi se barushoye atari ugutekinika ngo bapime barebe ko bakongera bakarya nk’uko bari barabigize umwuga, ariko mu manyanga nk’uko Karemera yari yarabanje kubigerageza ajya gutera ubwoba Umuyobozi w’Umurenge wa Kigarama, amubwira ngo abahe « RUGARI » bigurishirize kwa Bucayana, ndetse akongeraho ko n’umukiriya bamubonye ?!!!

None ngo baretse kuburana !! Ni uko ntacyo baburanaga uretse ubujura bwo gushaka ibitabagenewe !!!! Ahubwo inzego zibishinzwe zibakurikirane basubize ibyo bishyuje bagashyira mu mifuka yabo kandi Atari ibyabo.

Iterabwoba ryabo ntirishira !!

Ny uma y ’ u k o Ur u k i k o rutangaza imyanzuro, barikoze nkuko babisanganywe maze bakora akanama ko kwigamba ko batsinze urukiko kuko ngo rwatinye kuvuga ko batsinzwe, ko ngo rwatinye guhana Minani n’andi magambo y’iterabwoba arimo ko ngo uwabereka abanyamakuru batangaza amafuti yabo babakubita !! Nibagerageze niba ubwenge bwabo bubereka ko bashobora kubigeraho !! Igihe bababwiriye ko « UWIGIZE AGATEBO AYORA IVU », ko « N’UVUZE KO NYIR’URUGO YAPFUYE ATARI WE UBA UMWISHE » ntibumva ?? Cyangwa ahubwo kuri bo « AMAGAMBO ASHIZE IVUGA ?!!.

Ndrl : Mu yandi magambo bashakaga iby’ubusa dore ko nk’uko byavuzwe haruguru, baje kubona ko iyi nteko itavugirwamo bakitanguranwa, ubwo bandikaga ibaruwa bavuga ko ngo « NTA MPAMVU N’IMWE BABONA YO KONGERA KUBURANA URUBANZA RWA BUCYANA».

By’umwihariko twabajije Kayitesi Fatuma icyo avuga kuri biriya byose bimuvugwaho, abanza kutubwira ko afite umurwayi ajyanye kwa muganga, nyuma yaho twongeye kumuhamagara atubwira ko ananiwe. Twarinze tujya mu i c api ro nt a cyo aradutangariza, cyane cyane kuri ibi by’uko yicishije nyina wabo (Mme Sefara) kugirango asigarane kariya kayabo ka miliyoni esheshatu (6.000.000 Frw)

Niyonambaza Assumani

Aucun commentaire: